Reading: Chryso na Theo Bosebabireba ni bo bayoboye urutonde rw’abahanzi batanu bahize abandi muri Mata 2025

Chryso na Theo Bosebabireba ni bo bayoboye urutonde rw’abahanzi batanu bahize abandi muri Mata 2025

didace
By didace 4 Min Read

Urutonde rw’abahanzi batanu bahize abandi muri uku kwezi kwa kane 2025

 

Nk’uko bisanzwe, buri kwezi nka Sion dukora urutonde rw’abahanzi baba barakoze cyane kurusha abandi. Uru rutonde rushingira ku bikorwa abahanzi baba barakoze, bigaragarira abantu.

Muri urwo rwego, twabateguriye urutonde rw’abahanzi batanu bahize abandi muri uku kwezi kwa kane.

1. Chryso Ndasingwa.

Muri uku kwezi kwa kane, uyu muhanzi yakoze igitaramo yise Easter Experience, cyabereye muri Intare Arena, akaba ari na cyo gitaramo cyahagararira ibyabaye muri uku kwezi.

Uyu muhanzi kandi yasohoye EP y’indirimbo esheshatu, aho indirimbo enye muri zo zasohotse muri uku kwezi kwa kane. Ibi bikorwa byose bimushyira ku mwanya wa mbere mu bahanzi batanu bakoze cyane muri uku kwezi.

Chryso Ndasingwa ukunzwe cyane yaje ku mwanya wa mbere mu bahanzi bahize abandi mu kwezi kwa Mata 2025

 

2. Theo Bosebabireba 

Uyu muhanzi ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu mateka y’umuziki wa Gospel mu Rwanda kuva kera, ndetse kugeza n’ubu aracyakomeje gukora cyane. Muri uku kwezi kwa kane, yitabiriye ibitaramo bikomeye byabereye mu gihugu cya Uganda.

Ku bijyanye n’ibihangano, uyu muhanzi yasohoye indirimbo ebyiri muri uku kwezi. Ibi bikorwa byose bimushyira ku mwanya wa kabiri kuri uru rutonde.

Bosebabireba niwe wabaye uwa kabiri kuri uru rutonde

 

3. Papi Clever na Dorcas 

Iri ni itsinda rigizwe n’umugabo n’umugore we, bamaze kwigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki wa Gospel. Bitabiriye igitaramo gikomeye cya Easter Experience, ndetse bakigiramo uruhare rukomeye. Iki gitaramo cyabereye muri Intare Arena ku wa 20 Mata 2025.

Kandi nanone, basohoye indirimbo eshatu ku rubuga rwabo rwa YouTube muri uku kwezi kwa kane. Ibi bikorwa byose bihurira hamwe bikabashyira ku mwanya wa gatatu kuri uru rutonde.

Couple ikunzwe cyane Papi Clever na Dorcas yagarutse kuri uru rutonde bari ku mwanya wa gatatu

 

4. Bosco Nshuti 

Bosco Nshuti ni umuhanzi umaze kwigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki wa Gospel, kuko no ku rutonde rwo mu kwezi gushize yari ku mwanya wa mbere mu bahanzi batanu bahize abandi muri Werurwe.

Muri uku kwezi kwa kane, uyu muhanzi yitabiriye ibitaramo bitatu; icya mbere cyabereye muri Kaminuza y’u Rwanda, i Nyagatare, ku wa 19 Mata 2025, naho ikindi acyitabira ku wa 27 Mata 2025 ndetse n’igitaramo gikomeye cyabereye muri BK Arena cyari cyateguwe na Grace room

Ku bijyanye n’indirimbo, yasohoye indirimbo nshya iri mu rurimi rw’Igiswahili yise Ndani ya Yesu Kristo. Ibi bikorwa byose bimushyira ku mwanya wa kane kuri uru rutonde.

Bosco Nshuti yagarutse kuri uru rutonde Ari ku mwanya wa Kane

 

5. Uwase Yvette 

Uyu muhanzi usanzwe utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni bwo bwa mbere agaragaye kuri uru rutonde. Yatunguranye cyane, ndetse abagize uruhare mugutoranya aba bahanzi kuri uru rutonde bemeza ko yakoze indirimbo nziza cyane, ku buryo uburyo ikozemo bwatumye aza kuri uru rutonde.

Mu mpera z’uku kwezi kwa kane, yasohoye indirimbo nshya yitwa Kingura, yakiriwe neza na benshi kuko ari indirimbo isubiza ibyiringiro mu bantu. Ibi byose byamuhesheje kuza kuri uru rutonde rw’abahanzi bahize abandi muri uku kwezi.

Uwase Yvette umuhanzi utanga icyizere nawe yagaragaye kuri uru rutonde
Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *