Reading: Umuhanzi Angel yatumiye Jado Sinza mu gitaramo azamurikiramo umuzingo yise Nshime

Umuhanzi Angel yatumiye Jado Sinza mu gitaramo azamurikiramo umuzingo yise Nshime

admin
By admin 2 Min Read

Kuri ubu imyiteguro yo kumurika umuzingo w’indirimbo 4 numuvugo umwe irarimbanije nkuko tubikesha umuhanzikazi Kuradusenge Angelique. ni umubyeyi akaba n’umuhanzikazi w’indirimbo z’ihimbaza Imana n’imivugo iyisingiza. Ni umukirisito w’itorero rya ADEPR Kabwende Paruwase ya Rushubi mu Rurembo rwa Muhoza ahazwi nka Kinigi mu Akarere ka Musanze, ubusanzwe Angel akorera umurimo w’Imana muri Korari Abarombyi.

Uyu muhanzikazi Kuradusenge Angelique uri kuzamuka muruhando rw’abahanzi bo kuramya no guhimbaza Imana Ari gutegura igitaramo gikomeye kuko yiyemeje kuzasusurutsa abatuye mumizi y’ibirunga hariya mu Kinigi

Umuhanzikazi Angel  ubwo yaganiraga na Sion yagarutse kubikorwa afite ndetse n’urugendo rwe rwa muzika. ati” natangiye kuririmba mfite imyaka 5 kuko nabaga muri Korari y’abana bishuri ryo kucyumweru muri ADEPR ahitwa i Mashenyi ubu ni Mukarere ka Ngororero

Akomeza avuga ko iyimpano yo kuririmba ayikomora kumubyeyi we umubyara (Mama) dore ko Ari umuririmbyi akaba numwanditsi. ati “indirimbo yambere nayanditse mpfite imyaka 11 nyishyikiriza mama nawe atumira abaturanyi ndayibaririmbira babwira ko mfite impano yo kuririmba

Kugeza ubu Angel afite igitaramo cyo kumurika umuzingo windirimbo yise NSHIME uriho indirimbo 4 numuvugo umwe. Iki gitaramo kizabera ku rusengero rwa ADEPR Kabwende kuwa 15 Ukuboza 2024 guhera saa 13h00

Abahanzi barimo Jado Sinza ukunzwe na benshi mu Rwanda bakabamo Wellars na Mukazayire nabo bigaruriye imitima y’abenshi n’amakorari atandukanye Bose bazataramira abazitabira iki gitaramo

Indirimbo Angel azamurika ni Ndamushima ,Twaracunguwe nurukundo zifite amashusho. Angel ashishikariza abakunzi bumusaraba
kuzaza mu gitaramo bagasangira ibyiza Imana izaba Yateguye ibinyujije mubakozi b’Imana.

Yanditswe na Rugamba Erneste

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *